Iyo amahame shingiro y’ubwami bw’Imana yirengagijwe ni ho imihango ihinduka
myinshi cyane kandi ikarangwa no gukabya. Iyo kubaka imico byirengagijwe, iyo
kurimbisha umutima bibuze, iyo kubaha Imana gucishije bugufi gusuzuguwe, ni ho
ubwibone no gukunda kwigaragaza bisaba inyubako z’insengero zifite ubwiza
bw’akataraboneka, imirimbo y’agahebuzo ndetse n’imihango y’agahano. Nyamara
muri ibi byose Imana ntiyubahwa. Imana iha agaciro itorero ryayo idashingiye ku
byiza byaryo bigaragara inyuma, ahubwo iriha agaciro kubw’ubutungane nyakuri
buritandukanya n’isi. Iriha agaciro ikurikije gukura mu kumenya Kristo kw’abarigize
ndetse no mu iterambere ryabo mu by’umwuka. Ishaka amahame y’urukundo
n’ubugwaneza. Ntabwo ubwiza bwose bw’ubugeni n’ubukorikori bushobora
kugereranywa n’ubwiza bw’umutima n’imico bigomba kugaragarira mu bantu
bahagarariye Kristo
Негізгі бет William Bwanakweri; Ubucyene bwa Mwuka Wera ku basigaye
Пікірлер: 2